Abatuye Umurenge wa Cyanzarwe bibukijwe ko kwikingiza ariko gutsinda COVID-19.
Nyuma y’uko bigaragaye ko Umurenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu ari wo uri inyuma mu kwitabira gufata urukingo rw’icyorezo cya COVID-19,Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Dusengiyumva Samuel ari kumwe n’abandi bayobozi basuye uyu Murenge baganira n’ibyiciro bitandukanye mu rwego rwo gukuraho impungenge n’ibihuha bikomeje kubuza abaturage kwikingiza.
Umunyamabanga Uhoraho muri MINALOC yasabye abaturage kwihutira gufata urukingo
Ibi byakozwe kuru uyu wa 27/10/2021 ubwo Umunyamabanga Uhoraho muri MINALOC ari kumwe n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Akarere ka Rubavu,Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro bya Gisenyi n'itsinda ryaturutse muri Command Post yo ku rwego rw'Igihugu bitabiriye ubu bukangurambaga kugira ngo abaturage bafashwe kwitabira gufata urukingo rwa COVID-19 kubushake.
Mu butumwa bw’Umunyamabanga Uhoraho yibukije abaturage uko mu minsi ishize mbere y’uko haboneka urukingo icyorezo cya COVID-19 cyari kimeze nabi haba mu kwandura abantu benshi ndetse no mu kwica benshi mu Rwanda ndetse no mu mahanga agaragaza ko byagabanuwe na gahunda yo gukingira.
Yagize ati: ‘’Ndizera ko twese tuzi uko mu bihe bishize mbere y’uko urukingo ruboneka ngo rutangire gutangwa icyorezo cya COVID-19 cyari kimeze. Imibare y’abanduraga ndetse n’abo cyahitanaga byazamukaga umunsi ku munsi. Aka gahenge dufite rero uyu munsi ntakindi tugakesha uretse izi nkingo zikomeje gutangwa ahaherewe ku byiciro bifite ibyago byinshi byo kwandura kuruta ibindi.’’
Yibutsa ko mu gihe abaturage baba bakomeje kwinangira gufata urukingo byatuma iki cyorezo cyongera gukwirakwira bityo bigasubiza inyuma gahunda zari zigezweho aho kugeza uyu munsi ibikorwa byinshi bikoje gufungura kugira ngo abaturage basubire mu buzima busanzwe agasaba utarafata urukingo kwihutira kubikora cyane ko bazegerejwe.
Umunyamabanga Uhoraho muri MINALOC n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere mu bukangurambaga
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu Ruhamyambuga Olivier nawe agaragaza ko ntakiruta kugira ubuzima buzima agasaba abaturage kudapfusha ubusa amahirwe bahawe n’Ubuyobozi bwiza bw’Igihugu yo kubashakira inkingo ndetse bakanazegerezwa kugira ngo iki cyorezo gitsindwe vuba abantu basubire mu bikorwa byabo bisanzwe byo kwiteza imbere.
Ati: ‘’Ahandi inkingo ntazo bafite, ariko twebwe Igihugu cyacu cyarazidushakiye ndetse kiranazitwegereza. Ni inyungu zacu kuzifata kare kugira ngo iki cyorezo cyakomye mu nkokora ubukungu bwa buri wese tugitsinde twikomereze mu muvuduko w’iterambere.’’
Abaturage mu byiciro bitandukanye bakomeje kwitabira gufata urukingo rwa COVID-19
Yongeraho ko mu rwego rwo gufasha abaturage kurushaho gufatira uru rukingo rwa COVID-19 hashyizweho site 5 mu Murenge ziriho Abaforomo n'ibikoresho bihagije kugira ngo bakorere abaturage ku buryo inkimgo 4000 zisigaye zitangwa bitarenze ku cyumweru.
Nyuma yo kuganirizwa no kumarwa impungenge ku makenga ndetse n’ibihuha bitandukanye abaturage bari bafite bagaragaje ko biteguye kwihutira kwikikiza kugira ngo hakumirwe ibyemezo byazatuma basubira muri za Guma mu rugo ndetse ngo na bimwe mu bikorwa byari bimaze gufungurwa byongere gufunga.
Akarere gaheruka kwakira inkingo 87750 zirimo gutangwa kuri site zitandukanye
Abaturage bamaze gukingirwa bose mu Karere ka Rubavu ni 145,759; Muri bo abamaze gukingirwa dose 2 ni 54,797 abahawe dose ya 1 bategereje kuzahabwa iya 2 ni 90,962. Ni mu gihe kandi ubu harigukingirwa icyiciro cy’abangana n’ 87750.